Skip to main content

[Rwanda Forum] Guverineri Rwangombwa yavuze ko ifaranga ry'u Rwanda ryataye agaciro bidasanzwe mu 2023/24 | IGIHE

Guverineri Rwangombwa yavuze ko ifaranga ry'u Rwanda ryataye agaciro bidasanzwe mu 2023/24 | IGIHE
Guverineri Rwangombwa yavuze ko ifaranga ry'u Rwanda ryataye agaciro bidasanzwe mu 2023/24 | IGIHE

https://mobile.igihe.com/ubukungu/article/guverineri-rwangombwa-yavuze-ko-ifaranga-ry-u-rwanda-ryataye-agaciro-bidasanzwe


Guverineri Rwangombwa yavuze ko ifaranga ry'u Rwanda ryataye agaciro bidasanzwe mu 2023/24

Guverineri wa Banki Nkuru y'u Rwanda John Rwangombwa yatangaje ko mu 2023/2024 ifaranga ry'u Rwanda ryataye agaciro mu buryo budasanzwe ugereranyije n'Idorali rya Amerika, bigera kuri 16,3% ugereranyije na 5% byahozeho.

Yabigarutseho kuri uyu wa 18 Ugushyingo 2024, ubwo yagezaga raporo y'ibikorwa bya BNR by'umwaka wa 2023/2024 ku Nteko Ishinga Amategeko imitwe yombi.

Guverineri Rwangombwa yagaragaje ko ingaruka z'icyorezo cya Covid-19 zitarangiye ndetse haniyongereyeho izatewe n'intambara y'u Burusiya na Ukraine ndetse n'izo mu Burasirazuba bwo hagati byatumye habaho ingorane mu gusubiza ubukungu aho bwahoze mbere ya 2019.

Yagaragaje ko icyuho hagati y'ibyo u Rwanda rwohereza mu mahanga n'ibyo rutumizayo cyakomeje kwiyongera bitewe n'ibiciro by'ibicuruzwa Abanyarwanda bohereza byaguye.

Ati "Ibyo twohereza mu mahanga, ubwo ni amabuye y'agaciro, ikawa n'icyayi ibiciro byagiye hasi bituma amafaranga dukurayo yaragabanyutse. Ingaruka nini kuri ibi ni uko icyuho hagati y'ibyo dutumiza n'ibyo twohereza cyariyongereye bigira ingaruka ku rusobe rw'ivunjisha."

Rwangombwa yahamije ko amadovize abantu bakenera batumiza ibicuruzwa hanze yahenze cyane bituma amafaranga y'u Rwanda atakaza agaciro.

Ati "Nk'amadevize dukenera mu gutumiza ibintu hanze ugereranyije n'ayo dukura mu byo twohereza hanze ibyo byo mwese murabibona cyangwa se muranabyumva habayeho guta agaciro kw'ifaranga mu buryo budasanzwe mu mwaka ushize w'ingengo y'imari, mubona ko ifaranga ryataye agaciro kuri 16,3% ugereranyije n'Idorali ry'Abanyamerika."

"Uyu mwaka birasa nk'aho byagabanyutse ariko tubona n'ubundi tubaze umwaka usanzwe atari umwaka w'ingengo y'imari mu 2023, uguta agaciro kw'ifaranga byari kuri 18%, uyu mwaka tubona bizaza kimwe cya kabiri cyayo bikaba 9%."

Yanavuze ko nubwo bigaragara ko uguta agaciro kw'ifaranga bizagabanyuka ariko n'ubundi bikiri hejuru kuko ubundi byabaga ari hafi kuri 5%.

At "Icyo kibazo cyo kuba ubukungu bwarateye imbere ibitumizwa hanze bikazamuka cyane kandi ibyoherezwa hanze byarahuye n'imbogamizi ku rwego mpuzamahanga kuko ibiciro byamanutse bigatuma icyuho cyiyongera."

Agaciro k'ifaranga ry'u Rwanda ugereranyije n'Amadorali ya Amerika kagabanutseho 3.73% mu mpera za Kamena 2024, bikaba hasi cyane y'igabanuka rya 8.76% ryagaragaye muri Kamena 2023.

Ugereranyije n'amadovize y'ibihugu byo mu karere u Rwanda ruherereyemo, muri Kamena 2024, agaciro k'ifaranga ry'u Rwanda ugereranyije n'Ishilingi rya Tanzania kazamutseho 0.82%, bitandukanye n'igabanyuka rya 5.01%mu gihe nk'iki umwaka ushize.

Gusa ugereranyije n'Ishilingi rya Kenya agaciro k'ifaranga ry'u Rwanda kagabanyutseho 25.61%, mu gihe ugereranyje n'Ishilingi rya Uganda kagabanyukatseho 5.70% ndetse kanagabanyukaho 2.78% ugereranyije n'ifaranga ry'u Burundi.

Ibi bitandukanye n'uko byari bimeze muri Kamena 2023 aho agaciro k'ifaranga ry'u Rwanda kari kazamutseho 4.47% ugereranyije n'Ishilingi rya Kenya, kiyongeraho 20.20% ku ijana ugereranyije n'ifaranga ry'u Burundi mu gihe ugereranyije n'Ishilingi rya Uganda kari kagabanutseho 10%.

Guverineri John Rwangombwa (ibumoso) yavuze ko ifaranga ry'u Rwanda ryataye agaciro mu buryo budasanzwe mu 2023/2024

Abadepite n'Abasenateri bagaragaje ko raporo ya BNR itanga icyizere cy'uko ubukungu buzaba bwiza


###
"Be courteous to all, but intimate with few; and let those few be well tried before you give them your confidence",
George Washington.
###

Comments

Popular posts from this blog

[Rwanda Forum] Kigali-Kisangani: Muhoozi's bellicose tweets reignite regional tensions.

"My father, General Yoweri Museveni, told me a few months ago that I must turn the UPDF into a 'killing machine.' That is what we are working on." https://www.therwandan.com/kigali-kisangani-muhoozis-bellicose-tweets-reignite-regional-tensions/ Kigali-Kisangani: Muhoozi's bellicose tweets reignite regional tensions March 23, 2025 General Muhoozi Kainerugaba, commander of the Uganda People's Defence Forces (UPDF) and son of President Yoweri Museveni, has once again shaken the regional diplomatic and military landscape with a series of controversial tweets. These posts, shared via his X account, come just after he completed an official visit to Kigali, where he was warmly received by the Chief of Staff of the Rwanda Defence Force, General Mubarakh Muganga, and personally thanked President Paul Kagame for his hospitality. In one of his most striking tweets, Muhoozi stated: "Within a week, either the M...

[AFRICAFORUM] Tr : [hinterland1] Tr : L'OCCUPATION RWANDAISE EN MARCHE

  ----- Mail transféré ----- De : Mpania Jean <drjeanmpania@yahoo.fr> À : Hinterland <hinterland1@yahoogroupes.fr> Envoyé le : Mercredi 26 février 2014 17h13 Objet : [hinterland1] Tr : L'OCCUPATION RWANDAISE EN MARCHE   Le Mercredi 26 février 2014 9h56, congokdp <congokdp@gmail.com> a écrit : L'OCCUPATION RWANDAISE EN MARCHE :   Voici comment les institutions et tout le système de sécurité de la RDC sont sous contrôle du Rwanda et les officiels congolais infiltrés par des «hirondelles» rwandaises! L'OCCUPATION RWANDAISE EN MARCHE :  Voici comment les institutions et tout le système de sécurité de la RDC sont sous contrôle du Rwanda et les officiels congolais infiltrés par des «hirondelles» rwandaises! Le processus d'occupation de la RDC par le lobby tutsi rwandais passe par le...

[haguruka.com] Fw: *DHR* New Vision, Uganda @Gen Fred Rwigyema's untold story.

  On Sunday, 22 November 2015, 18:52, "Jean Bosco Sibomana sibomanaxyz999@gmail.com [Democracy_Human_Rights]" <Democracy_Human_Rights@yahoogroupes.fr> wrote:   Gen Fred Rwigyemas untold story By Muwonge Magembe The death of Gen. Aronda Nyakairima on September 12; eclipsed the 25th year death memorial of Maj. Gen. Fred Rwigyema which is commemorated every October. Rwigyema died strangely in October, 1990, after launching a military invasion against President Juvenal Habyarimana. Before he left for Rwanda, Rwigyema parked a coffee brown Mercedes Benz (G-Class) near the residence of then special administrator for Mbarara district, Henry Rwigyemera. Rwigyema started living in Uganda when he was only three years following his parents' relocation from Mukiranze village, Kamonyi district, Rwanda to Nshungerezi refuge camp, Ankole and Kahungye, Toro. Their relocation was motiv...